Print

Reba Minisitiri w’Intebe ukiri muto ku isi kurusha abandi

Yanditwe na: Martin Munezero 9 December 2019 Yasuwe: 3976

Marin wari usanzwe ari Minisitiri w’ubwikorezi muri iki gihugu aritegura kurahirira izi nshingano za Minisitiri w’intebe nyuma y’uko uwahoze muri uyu mwanya Antti Rinne yeguye.

Sanna Marin abajijwe ku bijyanye n’imyaka ye yavuze ko atajya abitekerezaho ko ahubwo atekereza ku mpamvu yinjiye muri politike.

Nyuma yo kurahirira izi nshingano Marin azaba ari we Minisitiri w’intebe muto ku Isi agahigo kari gafitwe na Minisitiri w’intebe wa Ukraine w’imyaka 35 wakurikirwaga n’uwa New Zealand Jacinda Ardern w’imyaka 39.

Uretse kuba akiri muto Marin kandi abaye umugore wa gatatu ubaye Minisitiri w’intebe mu mateka ya Finland.