Iyi ni inkuru ibabaje y’Umukobwa witwa Fatima Abubakar w’imyaka 16 yari agiye gushyingiranwa n’umukunzi we kuwa kane Tariki ya 12 uku kwezi.
Ise umubyara yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko yanyereye akagwa muri iki kinogo ubwo yari ahagaze hafi yacyo akaba yari kwa Nyirasenge ku munsi wo kuwa gatatu mu birori na bagenzi be byo ku musezeraho
Avuga ko umukobwa we yishimiye cyane nuko yari agiye gushyingirwa ngo kuko we n’umukunzi we bakundanaga cyane.umugabo we yari yananiwe kwihangana kuko yari yananiwe no kuvuga kuri Telephone ..uyu mugabo akomeza avuga ko abaribiteze kumuherekeza ubu bari mugahinda iwe.