Print

Big Fizzo yari agiye gufatwa ku ngufu

Yanditwe na: Martin Munezero 15 December 2019 Yasuwe: 3218

Mugani Desiré benshi bazi nka Big Fizzo nawe ngo yigeze guhura n’ikibazo cyo gushaka gufatwa ku ngufu nk’uko aheruka kubitangariza itangazamakuru ryo mu Burundi.Ni kiganiro aheruka kugirana n’imwe mu muri Televiziyo yo mu Burundi,gusa ntiyashatse kuvuga igihe byabereye, aho byabereye n’uwashatse kumuhohotera ariko yavuze ko gushaka gufatwa ku ngufu byabaye mu gihe yari mu gikorwa cyo kuririmba.

Mubyo yabashije gutangariza iyi televiziyo ni ibihugu 2, aho avuga ko bamutumiye kuririmba, noneho ngo abantu bashaka gukora ibyo batari bumvikanye, ariko basanga nawe abarusha imbaraga.

Big Fizzo ni umwe mu bahanzi b’Abarundi bazwiho gukora cyane kandi banakunze gutumirwa mu bitaramo mu bihugu bitandukanye birimo abarundi cyo kimwe n’abanyarwanda, aho twavuga ibihugu bigize umugabane w’u Burayi, Amerika, hamwe na Canada, n’igihugu cya Afrika y’epfo, tutibagiwe Congo, U Rwanda n’Ubugande.