Print

Reba ahantu 4 muri Kigali hari buturikirizwe ibishashi by’umuriro mu ijoro ryinjira muri 2020

Yanditwe na: Martin Munezero 31 December 2019 Yasuwe: 2597

Ni ubutumwa Umujyi wa Kigali wageneye abawutuye n’abawugenda kuri uyu wa Mbere, utangaza ko ibishashi by’umuriro mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu, bizaturikirizwa ku Kimihurura kuri Kigali Convention Centre; i Remera kuri Stade Amahoro, kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo no ku musozi wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo.

Mu ibaruwa yashyizweho umukono n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yakomeje ati “Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burasaba abaturage kutazikanga cyangwa ngo bahungabanywe n’urusaku bizatera ku begereye aho bizaturikirizwa.”

Kurasa ibishashi by’umuriro ni igikorwa kimaze kumenyerwa mu Mujyi wa Kigali, gusa mu myaka ishize byagiye bibera ahantu hatatu harimo kuri Stade ya Kigali mu Karere ka Nyarugenge, ku Kimihurura mu ka Gasabo no ku musozi wa Rebero muri Kicukiro.