Print

KNC yongeye kugenera Rayon Sports ubutumwa bwuzuyemo kuyipfobya bikomeye

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 4 January 2020 Yasuwe: 7421

Perezida wa Gasogi United yavuze ko Rayon Sports ifite ibibazo bikomeye kuko ngo yananiwe kubatsinda aribwo bacyinjira muri shampiyona ariko ngo ubu bamaze kuyimenyera aho yibaza uzagirwa urwitwazo nyuma y’uyu mukino izaboneramo amakuba.

Yagize ati “Ubutumwa nabaha nuko aribwo bagiye kubabara kurushaho.Kiriya gihe [mu mukino ubanza] birangayeho kuko twari dufite igihunga ariko ndabizi ntibari bubure icyo bavuga.Rayon Sports ntijya ibura icyo ivuga.Ubushize APR FC yarabatsinze,amakosa aba umutoza.Uyu munsi Gasogi United irabanyuka bavuge ko bagambaniwe bagurisha Sarpong bazana Sugira.Ndabizi nibyo bari buvuge.Urwitwazo rwabo ndaruzi,ibibazo byose barabishyira kuri Sadate.Muhe amahoro Sadate.

Mumureke mwikorere mu itama,mwikubitire,ibyanyu mutegure umwaka utaha kuko ubu nta kipe mufite.Ntabwo ikipe yaba ishaka ibikombe,ishaka guhangana n’ikipe nka Gasogi ngo irekure abakipe yagenderagaho nka Sarpong.Noneho numvise ngo hari n’abavuye mu mwiherero baburiwe irengero.Icyo nzicyo nanjye mfite amatsiko y’amagambo azavugwa ku wa Mbere.

KNC yavuze ko Rayon Sports itabura umuntu yikoreza ibyaha byose nka ya ntama abayisiraheli bashyiragaho ibyaha byabo barangiza bakayitwika gusa ngo biteguye kuyikubita ahababaza kuko ngo bazi neza intege nke zayo.

Rayon Sports igomba gucakirana na Gasogi United kuri iki Cyumweru saa Cyenda mu mukino w’umunsi wa 16 wa shampiyona uzabera kuri stade ya Kigali.Umukino wa mbere wahuje aya makipe yombi muri shampiyona warangiye anganyije 0-0.


KNC yavuze ko atumva ukuntu ikipe ishaka igikombe igurisha Sarpong


Comments

5 January 2020

Rayon iratontoma ariko iraziritse nikumagambo gusa ntabikorwa.


venuste 5 January 2020

Kncarariara nkagahinja uyumunsi noneho amagamboye abareyo turayacecekesha


mupice 4 January 2020

knc icyo mukundira atsinda match itaraba


4 January 2020

Uyu mugabo gusa aravuga kabisa umunwa yarawubatse bikaze