Print

Diamond yashinjwe guca inyuma Tanasha ku nkumi y’ikizungerezi[AMAFOTO]

Yanditwe na: Martin Munezero 6 January 2020 Yasuwe: 10573

Uyu muhanzi yagarutsweho n’abafana nyuma y’amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza ari kumwe n’undi mukobwa amwicaye mu maguru bigaragaza ko bari mu rukundo.

Uyu mukobwa witwa Rose, ngo ntabwo asanzwe ari nshuti ya Diamond mu buzima busanzwe cyangwa se ngo abe afite aho ahuriye na Tanasha kuri ubu uzwi nk’incuti ikomeye y’uyu muhanzi.

Abafana b’uyu muhanzi bemeza ko Diamond Platnumz ashobora kuba arikwishumbusha undi mukunzi mushya, ushobora gutuma Tanasha amera nk’abandi bagore bose yagiye atandukana nabo barimo Zari Hassan na Hamisa Mobeto n’abandi.

Ni mugihe Tanasha we ubwe aherutse gutangaza ko we na Diamond umubano wabo ari nk’inzu idashobora gusenyuka kuko abona mu migirire n’imigenzereze yabo bahuje.

Abashhinje Diamond kuba yaba yatangiye guca inyuma Tanasha, bavuze ko uyu mukobwa ashobora kuzisanga akwiye kwitondera amagambo yabwiwe na Zari Hassan, wavuze ko adashobora gushimisha Diamond kuko ntacyo Arusha abandi bagore yatandukanye nabo.

Bagaragazaga ko agukunda mutarabyarana kuko nyuma yo kumubyarira ahita atangira gushaka undi bikarangira usimbuwe.

Icyo gihe Zari yavuze ko Diamond bafitanye abana babiri atari umugabo mwiza wo kwizera kuko bigoye ko yabaho afite umugore umwe.

Uyu muhanzi yakunze kumvikana mu nkundo zitandukanye aho yakundanye na Wema Sepetu, Zari Hassan, Hamisa Mobeto, uwitwa Kim Nana nyuma haza Tanasha Donna bari kumwe magingo aya.

Ubu uwitwa Rose niwe watangiye gushyirwa mu majwi y’uko yaba asigaye ahararanye n’uyu muhanzi uri kubica bigacika mu ndirimbo ye nshya ikunzwe na benshi yise “ Baba Lao”.

Umukobwa w’ikizungerezi bivugwa ko ariwe Diamond agiye gusimbuza Tanasha



Tanasha nawe yavuze ko nta cyabatanya


Comments

sezikeye 6 January 2020

Uko bigaragara uyu muhungu akunda abagore cyane.Kimwe n’abandi ba Stars bakomeye.
Aba STARS n’inkumi,wagirango ni itegeko ko baryamana.Biraborohera kuko abakobwa benshi bakeka ko umu STAR aba ari umuntu udasanzwe.Bigatuma abakobwa bishyira abahungu,bakaryamana.Nubwo benshi mubyita ngo" bari mu rukundo",ntabwo ari byo kuko iyo amaze kuguhaga,araguta agafata undi.Ibyo se nirwo rukundo?Bibabaza imana yacu itubuza gusambana.Yaduhaye sex kugirango twishimane gusa n’umuntu tuzarongorana officially.Soma Imigani 5,imirongo 15-20.Abantu bose bakora ibyo imana itubuza,ntabwo bazaba muli paradizo nkuko 1 Abakorinto 6,imirongo ya 9 na 10 havuga.Ntacyo bimaze kwishimisha mu nkumi,hanyuma mwembi mukazabura ubuzima bw’iteka muli paradizo.Abantu bumvira imana,nubwo nabo bapfa,bazazuka ku munsi w’imperuka nkuko bible ivuga.


gakiresalva 6 January 2020

Uyu muhungu agomba kuba agfite uburwayi biteye ubwoba