Aba bagabo bahawe urw’amenyo n’abaturage,bibye ingurube barayibaga inyama zayo bazibika mu nzu babagamo ariko baza gufatwa n’irondo ryabategetse kwambara izi nyama bakazizengurukana akagari banikoreye n’ibindi bibye .
Abaturage bo muri uyu Mudugudu wa Kayumba babwiye Bwiza.com dukesha iyi nkuru ko abajura babajujubije, ko basigaye barara mu mirima y’ibigori ndetse no ku biraro by’ingurube zabo bakaba banejejwe n’ifatwa ry’aba babiri bahoraga babihishemo.
Aba baturage ngo basigaye barara mu mirima barinze imyaka yabo kugira ngo itibwa baboneraho cyo kimwe n’amatungo yabo.
Nyuma yo gufata aba bajura,abaturage basabye ubuyobozi kongera imbaraga nyinshi mu kurwanya aba bajura bataboroheye.