Print

Abishyura umusoro ku mutungo itariki ntarengwa yegereje, MD Group ibakorera igenagaciro ryihuse

Yanditwe na: Ubwanditsi 29 January 2020 Yasuwe: 1157

Uwarugira Bandora Walter Umugenagaciro w’umwuga w’icyigo Multi Design Group Ltd, avuga ko hari abantu benshi muri izi mpera z’ukwezi bakeneye iyi serivisi cyane ko umunsi ntarengwa wo kwishyura umusoro ku mitungo itimukanwa ari tariki ya nyuma y’ukwezi kwa kabili (29/2/2020) bityo abatura Rwanda bakeneye igenagaciro bifashisha mu misoro bakwihutira kutugana.

Umusoro ku mutungo utimukanwa ushingira ku gaciro kuwo mutungo, ibi bikaba bikenera umugenagaciro wemewe n’urugaga rw’abagenagaciro mu Rwanda(IRPV) nk’uko biteganywa mu birebana n’umusoro ku mutungo utimukanwa, kugira ngo usora amenye agaciro k’umutungo we n’ amafaranga y’umusoro agomba kwishyura.

Walter yavuzeko Multi Design Group Ltd ari ikigo Nyarwanda gifite umwihariko mu mitangire ya servisi, ati “ Dufite abakozi mu ntara zose, mu turere twa : Rusizi, Karongi, Rubavu, Musanze, Muhanga, Huye, Kayonza, Nyagatare no ku cyicaro gikuru kiri mu Mujyi wa Kigali i Nyamirambo. Kugera k’umuclient wacu ntibitugoye kandi abona raporo y’igenagaciro mu masaha atarenze 48 gusa”.

Multi Design Group Ltd ni sosiyete Nyarwanda imaze imyaka 10, itanga serivisi nyinshi zinyuranye zirimo; kugena agaciro k’imitungo itimukanwa; gucunga imitungo itimukanwa (Amazu yo guturamo n’ay’ubucuruzi); guhuza abagura, abagurisha n’abakodesha inzu n’ibibanza; muri Kamena 2019 yafunguje isoko rusange ryamamazwaho rikanagurishirizwaho inzu n’ibibanza kuri internet www.mdgrou.com. Urubuga wasura ushaka kugura, kugurisha, no gukodesha inzu n’ibibanza.

Kubifuza kumenya byinshi kuri Multi Design Group Ltd na serivisi zitandukanye zitangwa yasura urubuga www.mdgroup.rw banahamagara kuri Tel: +250 789037077.