Print

Tanasha umukunzi wa Diamond yasobanuye impamvu nyamukuru yamukuye mu mwuga w’itangazamakuru

Yanditwe na: Martin Munezero 7 February 2020 Yasuwe: 1672

Nyuma y’uko uyu mugore umaze kubyarana na Diamond umwana umwe w’umuhungu, amaze iminsi abazwa n’abakunzi be impamvu nyakuri yatumye ava ku kazi yakoraga kuri radio ya NRG yo muri Kenya yashize amanga abasobanurira impamvu.

Uyu mukobwa wamamaye mu rukundo rukomeye n’uyu muhanzi w’icyamamare muri Tanzania, yavuze ko yahisemo guhagarika akazi kugira ngo yite ku muryango we ndetse anasigasire umuziki we.

Yagize ati“Nasezeye kuri NRG Radio kugira ngo nshyire imbaraga mu kwita ku muryango wanjye. NRG ni umuryango wanjye w’ubuziraherezo kandi ndacyakeneye ko bakomeza kumba hafi. Mwarakoze cyane muryango mugari wa NRG.”

Tanasha Donna akaba yaribarutse imfura ya Diamond tariki ya 2 Ukwakira 2019, kuva icyo gihe akaba atari yagasubiye mu kazi k’itangazamakuru yari asanzwe akora.

Ubwo yamurikaga zimwe mu ndirimbo zizaba ziri kuri alubumu ye ya mbere yise ‘Donnatella’, tariki ya 31 Mutarama yavuze ko agiye gukora umuziki kinyamwuga.

Ni igitaramo yari yatumiyemo abahanzi bakomeye barimo n’umugabo we Diamond, Nameless n’abandi, akaba yaravuze ko agiye gushyira imbaraga mu muziki we cyane.