Uyu musore yavuze ko urukundo rwa mbere rwamusigiye isomo yiyemeza ko atazongera gushyira ku karubanda iby’undi mukobwa bazakundana
Yahishuye ko urukundo rwe na Nyampinga wa Tanzania umwaka wa 2007, Wema Sepetu rwinjiriwe n’abanya-Tanzania bituma batandukana.
Ati “Ubwo natandukanaga na Wema niyemeje ko undi mukobwa tuzakundana bizaguma hagati yanjye nawe. Si buri wese ugomba kubimenya.”
Idris avuga ko ageze mu gihe cyo kwiha umutekano mu buzima bwe ‘kuko abanya-Tanzania baravuga cyane kandi bakita cyane ku gutandukana kw’abantu’.
Idris na Wema Sepetu n’ubwo batandukanye bombi bakomeje umubano wihariye kandi hari byinshi mu bikorwa bahuriraho.
Aba STARS n’inkumi,wagirango ni itegeko ko baryamana.Biraborohera kuko abakobwa benshi bakeka ko umu STAR aba ari umuntu udasanzwe.Bigatuma abakobwa bishyira abahungu,bakaryamana.Nubwo benshi mubyita ngo" bari mu rukundo",ntabwo ari byo kuko iyo amaze kuguhaga,araguta agafata undi.Ibyo se nirwo rukundo?Bibabaza imana yacu itubuza gusambana.Abantu bose bakora ibyo imana itubuza,ntabwo bazaba muli paradizo nkuko 1 Abakorinto 6,imirongo ya 9 na 10 havuga.Ntacyo bimaze kwishimisha akanya gato,hanyuma ukazabura ubuzima bw’iteka muli paradizo.Abantu bumvira imana,nubwo nabo bapfa,bazazuka ku munsi w’imperuka nkuko bible ivuga.