Print

Mukamwezi Claire yakubiswe n’inkuba ari kuvugira kuri Telefone

Yanditwe na: Martin Munezero 3 March 2020 Yasuwe: 3974

Amakuru avuga ko byabaye ubwo imvura yagwaga ndetse ngo uyu mukobwa w’ imyaka 20 yavugiraga kuri telefone.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kigoma Mukantaganzwa Brigitte yemeje aya makuru y’urupfu rwa Claire.

Ati “Niko byagenze yamukubise ariko abari bamuri hafi bavugaga ko yarari kuvugira kuri telefone kandi ari mu nkuba”

Uyu munyabanga Nshingwabikorwa akomeza asaba abaturage kwirinda kuvugira kuri telefone mu gihe cy’imvura kuko bigira ingaruka zirimo no kuba wakubitwa n’inkuba bikakuviramo urupfu.

Andi makuru avuga ko nyakwigendera Mukamwezi Claire wapfuye akubiswe n’inkuba yararagiye ihene ku nkuka y’igishanga cya Mushikiri munsi ya centre yo ku Kivuko.