Print

Ragga Dee agiye guhangana na Jose Chameleone mu matora muri Kampala

Yanditwe na: Martin Munezero 14 March 2020 Yasuwe: 2168

Bose uko ari batatu biteguye kurwanira Intebe ya Meya nyuma yuko Ragga Dee asohotse mu bitangazamakuru vuba aha akagira inama Chameleone kuguma muri muzika aho kujya muri politiki, aho adashobora no kuba ku mwanya wa gatatu mu marushanwa y’abayobozi bahatanira umwanya wa Meya.

Chameleone yasigaye afite uburakari nyuma y’amagambo y’urucantege Ragga Dee yari yamubwiye bityo bituma afata icyemezo cyo kuzamusubiza igihe cyose azaba yahuye nawe imbonankubone.

Chameleone yijeje Ragga Dee ko yazimye mu ruganda rwa muzika nyamara kuri we (Chameleone) aracyafite akamaro. Yinginze umuririmbyi w’inararibonye kuvuga indirimbo iyo ari yo yose yasohoye mu myaka ibiri ishize ikinwa kuri radiyo iyo ari yo yose.

Aba bombi barahiriyei guhatanira umwanya wa Meya w’umujyi wa Kampalamu matora azaba mu 2021.