Print

Umukozi wo mu rugo yibye shebuja akayabo k’amamiliyoni mu rwego rwo kwihemba

Yanditwe na: Martin Munezero 16 March 2020 Yasuwe: 7286

Uyu mukobwa yari yatawe muri yombi ashinjwa kwiba Paul Mwangi yakoreraga mu rugo ruri ahitwa Muthaiga, akaba yamaze guhamwa n’icyo cyaha cy’ubujura.

Amakuru avuga ko ubwo uriya mukobwa yari amaze kwibagirana, ayo mafaranga yayikenuje agura isambu y’ibihumbi 570 by’amashiringi, andi ibijumbi 500 ayaha se ngo ayikenuze. Yatawe muri yombi asigaranye ibihumbi 70 by’amashiringi.

Ubwo uriya mukobwa yitabaga ubutabera, yavuze ko atigeze yiba uwamushinjaga, avuga ko yari asanzwe afitanye umubano wihariye na Mwangi, bityo ko amafaranga ashinjwa kwiba ari ishimwe yamuhaye ry’uko yamuryoherezaga imibonano mpuzabitsina.

Yavuze ko umunsi ahabwa ayo mafaranga, Sebuja yari yatashye hakiri kare, hanyuma barangiza kuryamana nk’ibisanzwe agahita amuha ayo mafaranga.

Abajijwe impamvu yahise ataha, Ruth yavuze ko ari ukubera ko yari afite ubwoba bw’uko nyirabuja ashobora kuzavumbura ibya ririya banga. Yongeyeho ko Mwangi yafashe icyemezo cyo kumushinja ubujura nyuma yo kumukumbura.

Urukiko rwahamije uriya mukobwa ibyaha yaregwaga, rumukatira gufungwa imyaka itatu. Isambu yari yaraguze yo yashyizwe ku isoko, amafaranga ayivuyemo ahabwa Mwangi.


Comments

17 March 2020

Icyondo n’Umuryango mugira Amakuru meshi ashaje muzisubireho

https://www.google.com/amp/s/nairobinews.nation.co.ke/amp/news/housegirl-who-claimed-employer-left-sh800k-on-her-chest-after-sexcapade-jailed-for-3-years


17 March 2020

Icyondo n’Umuryango mugira Amakuru meshi ashaje muzisubireho

https://www.google.com/amp/s/nairobinews.nation.co.ke/amp/news/housegirl-who-claimed-employer-left-sh800k-on-her-chest-after-sexcapade-jailed-for-3-years