Print

Uwari umuganga muri CHUK yasanzwe mu icumbi rye yapfuye

Yanditwe na: Martin Munezero 1 April 2020 Yasuwe: 9791

Amakuru avuga ko Dr Kampale wari afite ubwenegihugu bwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasanzwe mu icumbi yari acumbitsemo muri ibi bitaro yitabye Imana.

Dr Theobald Hategekimana, umuyobozi w’ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), yavuze ko ku wa Gatandatu aribwo uyu mugabo yitabye Imana, ariko ibindi bisobanuro byatangwa n’inzego zishinzwe umutekano.

Dr Kambale yari inzobere mu bijyanye no gutera ikinya.

Umurambo wa nyakwigendera wagiye gusuzumwa kugira ngo hamenyekane icyamuhitanye.