Print

Rasta Rob wakundanye bwa mbere na Zari yamuvuzeho byinshi birimo kuba ajagaraye n’uko yageze Kampala

Yanditwe na: Martin Munezero 17 May 2020 Yasuwe: 5859

Mu myaka yashize, DJ Rasta Rob, yamye yirata uburyo ari inyuma yo kwamamara kwa Zari Hassan ubwo bakundanaga mu mwaka wa 1990 aho ngo bakundanye igihe kinini.

Muri icyo gihe, Zari, yari atangiye gusogongera ku mibereho y’ubusitari kandi agomba kuba yaratekereje ko yabonye umugabo utunganye uhuye n’imibereho ye. Ikibabaje ni uko Rasta Rob yari amaze kubonwa nabandi bagore benshi beza.

Dj Rasta Rob Ati: "Mu gice cyiza cy’ubuzima bwanjye, nabaye DJ. Inshuro nyinshi, nakundaga gucurangira muri Jinja, ahantu hitwa Sailing Club. Aho niho nahuriye bwa mbere na Zari. Yari akiri umukobwa muto. Agomba kuba yari afite imyaka 18 ”.

Yongeyeho ati "Ni jye wazanye Zari Kampala imyaka myinshi ishize hagati ya 1996 na 1997."

"Iyo uri icyamamare, uhura n’abagore benshi bagushaka. Birashoboka rero ko ntamwitayeho bihagije. Hanyuma naje kubona ko adashaka ubwoko bw’umugore uguma mu rugo nk’umugore."


Comments

hitimana 18 May 2020

Uyu ZARI amaze kugira abagabo 3 babanye.Ibyo abantu basigaye bita URUKUNDO muli iki gihe,sibyo.Ahubwo ni ubusambanyi kandi Imana yaturemye ibitubuza. Nubwo abantu miliyoni na miliyoni baryamana batarashakanye mu rwego rwo kwishimisha,Imana yaturemye irabitubuza.Itwemerera kuryamana n’umuntu umwe gusa tuzabana binyuze mu mategeko.Ikavuga ko abasambanyi batazaba mu bwami bw’imana.Ntacyo bimaze kwishimisha akanya gato,hanyuma bikazakubuza ubuzima bw’iteka muli Paradizo kandi ntuzazuke ku Munsi w’Imperuka.Nukugira ibitekerezo bigufi cyane.