Print

Uwigize umwamikazi wa Ghana yasobanuye uko abakobwa basambana n’Imbwa i Dubai bakabona Amadorali

Yanditwe na: Martin Munezero 29 May 2020 Yasuwe: 6372

Uwiyitirira umwamikazi (Slay Queen) wamamaye kandi uzwi ku mazina ya Mona Gucci yatangarije isi yose uburyo abigize abamikazi bo muri Ghana baba muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu (UAE), bakoreshwa ndetse bagahatirwa gusambana n’imbwa mu rwego rwo kubona amadorari yo kwirirwa birata ku mbuga nkoranyambaga.

Mu kiganiro kuri Neat FM ikorera mu murwa mukuru wa ghana, Accra, Mona Gucci yavuze ko abadamu bamwe bo muri Gana na Nigeria bagizwe imbata z’abagabo bakize bakomoka mu mujyi wa Dubai, basambanya bakanakoresha abagore mu gusambana n’imbwa kugira ngo bishimishe gusa mu gihe cyabo cyo kwidagadura.

Mona Gucci, yatunguye anatangaza abatari bacye ubwo yongeragaho ko abakobwa benshi i Dubai bahatirwa gusambana n’imbwa mu gihe abagabo b’abakire i Dubai bicara bakareba ibinezeza.

Mu nkuru ye iteye isoni n’agahinda, yerekanye uburyo iri tsinda ry’abagabo b’abakire bishyize hamwe bagakina umukino w’ ukuri cyangwa gutinyuka (Truth or Dare) ndetse rimwe na rimwe bigatuma basaba inshuti zabo zose zaryama n’umukobwa umwe gusa.