Uyu muyobozi w’Umudugudu avuga ko bahise bitabaza izindi nzego zirimo n’iz’ubutabera ngo zinjire muri iki kibazo “Kuko ntabwo twakomeza kurebera ngo ihohoterwa ryo mu ngo rikomeze kubaho kuko uyu mugabo asanganywe urundi rugo akaba afite umugore n’abana.”
Uyu mukobwa uvuga ko yasambanyijwe ufite imyaka 22, avuga ko adasanzwe aziranye n’uyu mugabo wamusambanyije ahubwo ko ejo yaje avuga ko ashaka nyiri uru rugo [Bita Papa Naome] akamusaba gukingura ubundi akamurwanya, birangira amusambanyije ngo kuko yabanje kumurwanya ariko akamurusha intege.
Bizabavu Aphrodice nyiri uru rugo, avuga ko ku mugoroba w’ejo we n’umugore we bari bagiye mu kazi basanzwe bakora k’ijoro ariko we akaza kugaruka gutora icyo yari yibagiwe agasanga uriya mugabo ari gusambanya uyu mukobwa usanzwe ari muramukazi we.
Ati “Ntitwabyihereranye twahise duhamagara abavandimwe n’abayobozi barahagera.”
Uyu uvugwaho gusambanya uriya mukobwa we ntabihakana, gusa avuga ko we n’uriya mukobwa babikoze ku bwumvikane ndetse ko atari ubwa mbere baryamanye.
Uyu mugabo avuga ko ahubwo ari we wahohotewe kuko yakubiswe ndetse agasinyishywa amasezerano ko azatanga Miliyoni 1 Frw yo gukwa uriya mukobwa.
Hagomba kugaragaramo ubushishozi bwinshi mugukemura icyo kibazo ,ushobora gusanga harimo akagambane kugirango bakureho uwo umugabo amafaranga.
Roger ndabona ushobora kuba ufite ikibazo cyokubona neza kuko hano banditse Rusizi
Ku Museke bo baravuga ko byabereye Rusizi hano ngo ni ku Musanze. Dufate iki?