Print

Umunyarwanda ukiri muto mu ikipe ya Arsenal

Yanditwe na: Martin Munezero 31 July 2020 Yasuwe: 3052

Uyu musore w’imyaka 20, muri Gicurasi nibwo byatangiye kuvugwa ko ashobora gusinyira Arsenal nyuma yo kuyikoreramo igeragezwa ry’ibyumweru bibiri muri Werurwe uyu mwaka.

George Lewis ukina ku ruhande asatira izamu, nta kipe y’igihugu y’abato yigeze akinira haba muri Norvège, aho yakuriye mu gihe yakiniye Tromsdalen na Fram Larvik zo mu cyiciro cya gatatu muri icyo gihugu.

Iki kinyamakuru Goal kuri uyu wa Kane cyatangaje ko ibyavugwaga ko George Lewis yamaze gusinya atari ko bimeze kuko hakiri ibigomba kubanza kunozwa kuko Arsenal itegereje ibizava mu mukino wa nyuma wa FA Cup, kugira ngo ifate ibyemezo ku kugura umukinnyi uwo ari we wese.

Gusa ariko ngo George Lewis aracyari i Londres, ndetse abakurikiranira hafi iby’uyu mukinnyi na Arsenal bemeza ko hari icyizere ko ashobora kuyikinira, aho azajyanwa mu ikipe y’abatarengeje imyaka 23 itozwa na Steve Bould mu gihe yaba aguzwe.
George Lewis wavukiye i Kigali, yagiye muri Norvège akiri muto nyuma aza gutangira gukina umupira w’amaguru.