Print

Couple y’umugabo w’ibiro 25,ufite uruhu rukanyaraye n’umukobwa w’ikibuno gitangaje ikomeje gutungura benshi[AMAFOTO]

Yanditwe na: Martin Munezero 14 September 2020 Yasuwe: 9297

Uyu muririmbyi wo muri Gineya ntabwo yari azwi nabantu benshi ariko ubu amaze kumenyekana cyane, kubera gukundana n’umukobwa ufite ikibuno gitangaje witwa Eudoxie Yao ukomoka muri Cote d’Ivoire.

Uyu mugabo ufite ubugufi budasanzwe kandi isura ye ikaba imugaragaza nk’umuntu ushaje bivugwako yahuye n’uburwayi bwitwa Progeria, umuntu urwaye iyi ndwara agaragara nkuwagwingiye, imisatsi ye irapfuka,agira umutwe mutoya, urwasaya ruto, izuru ryiziritse, kandi uruhu rwe rugamugaragaza ko ashaje.

Uyu mugabo bivugwako afite uburebure bungana na cm 110 akaba apima ibiro 25.

kuva muri Afrika kugera i Burayi, Moussa Sandiana Kaba, Grand P kuri ubu arimo gutangaza abantu benshi hamwe na “fiancée” we Eudoxie Yao nawe ufite umubyibuho udasanzwe ndetse akaba apima ibiro birenga ijana.

Uyu mugabo bivugwako afite amafaranga menshi cyane, akura mubijyanye n’ubuhanzi, ndetse uyu mukobwa nawe ni umunyamideri wiyerekana agaragaza ikibuno cye, akaba afite n’amaduka acuruza imyambaro n’imibavu y’abagore, arazwi cyane kuko akurikirwa n’abarenga miliyoni kurubuga rwa instagram.

Uyu mukobwa Eudoxie Yao avugako, urukundo rwe n’uyu mugabo rwiyongereye cyane kubera ibyo abantu babavugagaho, nawe ngo ubu arashaka kugaragazako urukundo rujya aho rushatse kandi ngo buri muntu wese akwiye gukunda hatitawe kumiterere ye.