Print

Nyuma y’amezi 5 gusa abyaye abana b’impanga yibarutse undi mwana

Yanditwe na: Martin Munezero 12 October 2020 Yasuwe: 4217

Inkuru y’igitanazamakuru MHM International ivuga ko iyi nkuru aya makuru yamenyekanye ku wa 4 Ukwakira 2020 ubwo umuryango wa Pasiteri Daniel Oseirih wabyaye aba bana wari wateguye umuhango wo kwita umwana wakurikiye impanga z’amezi atanu izina.

Oseirih ubyara aba bana yavuze ko atatunguwe no kubona umugore we abyara abana batatu mu gihe kitagera ku mezi atanu, cyane ko ngo ryari isezerano ry’Imana ryasohoraga nyuma y’imyaka igera muri 7 bari bamaze we n’umugore we batabyara.

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko muri Mata 2020 ari bwo Oserih yibarutse abana b’impanga nyuma akaza gujya akomeza kumva uburibwe mu nda ariko ntabyiteho. Nyuma ni bwo yaje kujya mu bitaro byo mu mujyi wa Lagos bamubwira ko atwite inda nkuru , yanaje kuvukamo umwana w’umukobwa ku wa 18 Nzeri 2020.


Comments

sebunani Innocent 12 October 2020

Mwiriwe banyamakuru dukunda nitwa Sebunani Innocent ntuye ikigali nifuzako mwadufasha kurangisha umwana w’umukobwa w’imyaka 15 twabuze kuva le 10/10/2020 kugeza uyumusi mudufashije mugatambutsa iritangazo mwatubwira ikiguzi bisaba tukabaha umwirondoro w’umwana n’amafoto ye murakoze mugire ibihe byiza