Print

Itsinda rishya rya Joe Biden rizamufasha guhangana na COVID-19 riyobowe n’Umwiraburakazi

Yanditwe na: Martin Munezero 11 November 2020 Yasuwe: 1953

Mu bashyizwe ku rutonde rw’inama ngishwanama nshya yashinzwe harimo umwarimu mu ishuri ry’ubuvuzi rya Yale, Dr. Marcella Nunez-Smith, uzaba umuyobozi wungirije. Itsinda ry’inzibacyuho rya Joe Biden ryatangaje ko Nunez-Smith, umwarimu w’ubuvuzi bw’imbere, ubuzima rusange n’imiyoborere, azafasha kuyobora urugamba rushya rwo kurwanya coronavirus.

Mu magambo ye, Joe Biden yanditse ati:

Guhangana n’icyorezo cya coronavirus ni imwe mu ntambara zikomeye ubuyobozi bwacu buzahura nazo, kandi nzabimenyeshwa na siyanse n’impuguke. Akanama ngishwanama kazamfasha guhindura uburyo bwanjye bwo gucunga ubwiyongere bw’indwara zanduye; kwemeza ko inkingo zifite umutekano, zifite akamaro, kandi zigakwirakwizwa neza, mu buryo bungana, kandi ku buntu; no kurinda abaturage bafite ibyago.

Mu gihe Abanyamerika barenga 236.000 bahasize ubuzima kubera COVID-19 mu gihugu hose, kandi ubwandu bukaba bukiyongera muri Leta zirenga 40, Perezida watowe Biden aherutse kuvuga ko “azakora ibishoboka byose” mu kurwanya iyi virusi.

Mu ijambo rye ryo gutsinda yagejeje ku banya-Amerika ku wa gatandatu, Perezida Joe Biden yagize ati:

Bantu, akazi kacu gatangirana no kugenzura COVID. Ntidushobora gusana ubukungu, kugarura ubuzima bwacu, cyangwa kwishimira ibihe by’agaciro by’ubuzima… ibihe byose bidufitiye akamaro, kugeza igihe tuzayigenzurira.

Abasesenguzi bavuga ko imibare yerekana ko abirabura n’ab’uruhu rw’ikigina, bazwi ku izina ry’abaturage bahejejwe inyuma, bakomeje kwibasirwa cyane na coronavirus, bityo gushakisha no gushinga icyo kibazo umwirabura ufite ubumenyi muri urwo rwego ni byiza.

Nk’uko umwirondoro wanditswe na Yale News ubitangaza, ngo Marcella Nunez-Smith, umuyobozi w’ikigo cya Yale gishinzwe imikoranire n’abaturage n’uburinganire bw’ubuzima, umuyobozi washinze ikigo cya Equity Research and Innovation Centre, hamwe n’umuyobozi wungirije w’ishuri ry’ubuvuzi ushinzwe ubushakashatsi ku buzima, yiga itandukaniro riri hagati mu kubona ubuvuzi. Iyo nyandiko igira iti:

Yari umwe mu bahawe inkunga ba mbere mu kwiga ubuvuzi bwa Clinical na Translation Science mu kigo cya Yale gishinzwe iperereza ku mavuriro, ubu akaba ari umwe mu bayobozi b’iyo gahunda. Yayoboye kandi komite ishinzwe kwibanda ku baturage n’amatsinda ashobora guhura na COVID-19 muri leta ya Connecticut.

Umwarimu w’ishuri ry’ubuvuzi rya Yale, ukomoka mu birwa bya Virginie y’Amerika, ubu yifatanije n’abandi bantu 12 mu itsinda rya Biden. Bagenzi be bafatanije kuyobora ni Dr. David Kessler wahoze ari komiseri wa FDA, akaba n’umwarimu mu by’ubuvuzi bw’abana bato n’indwara z’ibyorezo muri kaminuza ya Californiya, San Francisco; na Dr. Vivek Murthy wahoze ari umuganga mukuru ku butegetsi bwa Perezida Barack Obama wagize uruhare runini mu kurwanya Ebola, Zika ndetse n’ikibazo cy’amazi ya Flint.

Nunez-Smith, wateye inkunga imishinga myinshi y’ubushakashatsi bw’indwara zidakira mu turere tumwe na tumwe two muri Karayibe, niwe watangaga inama kuri iki cyorezo mu kwiyamamaza kwa Biden. Nunez-Smith yagize ati:

Igihugu cyacu gifite ikibazo kitigeze kibaho mu gihe Covid-19 yihuta mu gihugu hose. Buri muntu wese yibasiwe n’iki cyorezo, nyamara umutwaro ntungana kuri bose. Turabizi ko abaturage b’amabara bafite agahinda ku kigero cyo hejuru kandi bahura n’ingaruka zikomeye mu bukungu. Inama ngishwanama yinzibacyuho ishyiraho inzira ku bantu bose mu gihugu cyacu kugirango babone gukira. Nishimiye gufasha kuyobora uwo murimo kandi ndashimira Perezida watowe Joe Biden amahirwe ampaye yo gukora.

Hariho abandi Birabura babiri bari mu itsinda: Dr. Eric Goosby, impuguke mu ndwara zandura akaba n’umwarimu w’ubuvuzi muri kaminuza ya Californiya, San Francisco, Ishuri ry’Ubuvuzi, na Loyce Pace, umuyobozi mukuru akaba na perezida w’inama y’ubuzima ku Isi.