Print

Tanzania: Umugore yabyaye inkoko

Yanditwe na: Martin Munezero 8 December 2020 Yasuwe: 4199

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara ya Kigoma, James Manyama avuga ko ibyabye bidasanzwe, ko bigomba gukorwaho iperereza. Ati ” Ibi ntibisanzwe mu bantu. Polisi izajyana icyo kiremwa muri laboratwari ya Leta kugira ngo hakorwe iperereza kuko ntekereza ko bidasanzwe.”

Afande Manyama nk’uko EATV ibitangaza, avuga ko uyu mugore yabyaye inkoko kuwa 5 Ukuboza 2020 mu kigo nderabuzima cya Uvinza kiri muri Kigoma.

Muganga Mukuru mu Ntara ya Kigoma, Dr. Simon Chacha avuga ko ibi bishobopra kuba byaratewe n’imyemerere y’umwijima cyangwa ikaba yarinjijwe mu nda y’umubyeyi.

Dr. Chacha avuga ko uyu mugore atari atwite ubwo yazaga kwa muganga gusa ngo ” Yavugaga ko ababara mu nda, bamupimye basanga harimo inkoko, bahita bamubaga ako kanya bayikuramo.”

Muganga Chacha avuga ko uyu mubyeyi yamaze kwangiririzwa imyanya myibarukiro ku buryo atakongera kubyara.