Uyu mukobwa wari wambaye akaganzu keza cyane k’ibara rya orange, kamwegereye ubonako iyi kanzu igaragaza imiterere y’ikibuno cye, yatunguye benshi ubwo yagaragaraga mu muhanda agenda ashaka abamugurira ibyo yari yavanye murugo abitwaye ku mutwe.
Uyu mwari ugenda arangaza abagabo yagaragaye mu mujyi wa Abidjan muri Cote d’Ivoire.
Kubera imiterere ye, uyu mukobwa ukunze kugaragara acuruza, ubunyobwa abagabo benshi bakunze kumuhagarika ndetse bigatuma banamuteza imbere kubera uburyo ateye ukabona ko binabashimishije.
Ibi ni ibintu abantu benshi batamenyereye kubona umukobwa mwiza ufite imiterere nkiy’uyu ari mu muhanda ari gucuruza utuntu tw’ubucogocogo ari nayo mpamvu abantu benshi bamubonaga bagatungurwa.