Nubwo muri iyi mijyi hari hakonje mu ijoro ryakeye,benshi ntibatinye imbeho bagiye mu tubari banywa inzoga nyinshi ubundi gutaha biba ikibazo cy’ingutu.
Aba bantu kandi bishimiraga ko nubwo umwaka wari ushize bahanganye na Covid-19 yatumye habaho Guma mu rugo ariko bemerewe kwizihiza noheli.
Ibihugu byinshi byashyizeho ingamba zikomeye zo kwirinda Covid-19 ariko aba bakunzi b’agasembuye ntibazubahirije banyoye karahava bataha basinze.
Amafoto yagaragaje bamwe mu bagore bagizweho ingaruka n’agasembuye baryamye hasi ariko bari gufashwa na bagenzi babo guhaguruka.
Amakuru avuga ko bamwe mu banyamerika barenze ku mabwiriza y’umukwabu was aa tanu z’ijoro bigira mu tubari kwinywera inzoga.
Icyakora ikinyamakuru The Sun cyavuze ko abacuruzi b’inzoga n’ibyokurya batazacuruza cyane nkuko byagendaga mu myaka yashize.