Print

Diamond yagaragaje ibyishimo bidasanzwe yatewe no kongera kubonana n’umwana yabyaranye na Tanasha[AMAFOTO]

Yanditwe na: Martin Munezero 25 January 2021 Yasuwe: 2581

Diamond na Tanasha babyaranye umwana bise “Naseeb Junior” ubu amaze kuzuza umwaka n’amezi agera kuri atatu.

Aba bombi bakimara kubyarana urukundo rwabo rwahise rukonja bahita banatandukana mugihe abantu benshi bari biteguye ubukwe bwabo ndetse na Diamond yari yaramaze kubyemeza.

Tanasha na Diamond bakimara gutandukana bahise bacana umubano kuburyo, uyu mugore yahise anasiba amafoto yose yagaragaraga kumbuga nkoramba ze arikumwe na Diamond, uretse kumbuga ze akoresha Tanasha yanahise asiba amafoto yose ya Diamond arikumwe n’uyu mwana babyaranye aya mafoto akaba yaragaragaraga kurubuga rw’uyu mwana rucungwa na Nyina.

Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 23 Mutarama 2021 nibwo Diamond yagaragaje amafoto atandukanye ateruye uyu mwana yabyaranye na Tanasha Dona nyuma y’igihe kigera ku mwaka urenga badacana uwaka.

Aya mafoto yishimiwe cyane n’abakunzi b’umuhanzi Diamond ndetse n’inshuti ze bamubwirako uyu mwana yari ateruye basa cyane wagirango ni impanga.

Kurukuta rw’uyu mwana rukoreshwa na Tanasha naho bahise bashyiraho aya mafoto aho uyu mwana yagize ati “Ndishimye cyane kongera kukubona Data”

Diamond nawe yahise amusubiza agira ati “Nibyo cyane, Platnumz mutoya, Intare ntoya”

Diamond ni umwe mubahanzi bamaze kugira izina rikomeye kumugabane wa Afurika, uyu mugabo ntasiba kuvugwa mu nkuru z’urukundo nubwo abenshi bategereje umugore bazabana akaramata bagaheba, Diamond amaze kubyara abana 4 nibo bazwi yababyaye ku bagore batatu barimo Zari wo muri Uganda, Hamisa wo muri Tanzania na Tanasha wo muri Kenya.