skol
fortebet

Kim Kardashian urukundo ntirukimuhira nyuma yo gutandukana na Kanye West

Yanditswe: Friday 03, May 2024

featured-image

Sponsored Ad

Uwahoze ari umugore wa Kanye West, Kim Kardashian, urukundo rukomeje kumugora, nyuma y’uko yamaze gutandukana na Odell Beckham Jr mu gihe kitageze no kumwaka bakundana.

Sponsored Ad

Umunyamerika w’umunyamideli akaba n’umucuruzi Kim Kardashian, amakuru aravuga ko yaba yatandukanye n’umukinnyi akaba n’umukunzi we Odell Beckham Jr.

Nk’uko ikinyamakuru Tmz kibitangaza, ngo uyu mugore n’uyu mukinnyi w’icyamamare muri NFL ishyamba si ryeru, n’ubwo bitazwi igihe batandukaniye.

Aba bombi bahagaritse umubano wabo bari batangiye mu 2023 bahitamo kuba inshuti zisanzwe kandi bivugwa ko kugeza ubu barimo kubana nkinshuti zisanzwe.

Kim Kardashian biragaragara ko urukundo rutakimuhira nyuma yo gutandukana n’umuraperi Kanye West mu 2022, nyuma yo kumarana imyaka hafi umunani bakanabyarana abana bane North, Saint, Chicago na Psalm.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa