Miss Igisabo yanze kwambara ’Bikini’ yerekana indi mpano afite-AMAFOTO
Yanditswe: Friday 13, Oct 2017
Uwase Hirwa Honoline wamamaye nka “Miss Igisabo” yanze guserukana umwambaro wa Bikini mu marushanwa ya Miss Earth yitabiriye arimo kubera mu gihugu cya Philippines.
Abakobwa bahatanye na Honoline bose baserutse bambaye Bikini gusa we yanze kuyambara
Uwase Honoline yuriye rutema ikirere ku Itariki ya 7 Ukwakira 2017, icyo gihe akaba yaratangaje ko yiteguye gukora ibishoboka kugira ngo azaheshe isura nziza igihugu cy’u Rwanda.
bakobwa bose uko ari 90 bagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru (...)
Uwase Hirwa Honoline wamamaye nka “Miss Igisabo” yanze guserukana umwambaro wa Bikini mu marushanwa ya Miss Earth yitabiriye arimo kubera mu gihugu cya Philippines.
Abakobwa bahatanye na Honoline bose baserutse bambaye Bikini gusa we yanze kuyambara
Uwase Honoline yuriye rutema ikirere ku Itariki ya 7 Ukwakira 2017, icyo gihe akaba yaratangaje ko yiteguye gukora ibishoboka kugira ngo azaheshe isura nziza igihugu cy’u Rwanda.
bakobwa bose uko ari 90 bagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru
Nyuma yuko abakobwa bose bahatanye muri iri rushanwa bari bamaze kugiranaga ibiganiro n’abaritegura, hahise hakurikiraho igikorwa cyo kwiyerekana mu mwambaro wo kogana uzwi cyane nka “Bikini” gusa Miss Igisabo yanze kwambara uyu mwambaro ahitamo kwerekana impano yo kuririmba.
Ibitekerezo
Yego. Umuntu umwe niwe wigeze kuvuga ati:"Aho guta agaciro wata ijana".
ese baba bajyahe niba bdashobora gukora ibiri mu mategeko agenga irushanwa buriya se bariya urabona hari ubusa bambaye mwigira bahatari kandi muri zero
Uziko mushukana. Yari kuba yisebeje muri bariya bantu. Reba urubuno rwe muri bariya ba miss bandi. Nta n’ ubwo yabona bikini imukwira. Keretse yambaye ikabutura nk’ iz’ abakinnyi ba football.