Umusirikare w’ u Rwanda wateye ivi mu ruhame kubera umukobwa yavugishije benshi
Yanditswe: Sunday 06, May 2018
Kuri uyu wa 5 Gicurasi 2018 nibwo ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hagaragaye ifoto y’ umusirikare w’ u Rwanda ufite ipeti rya sergeant tutabashije kumenya amazina wafotowe apfukamishije ivi rimwe mu muhanda ngo yambike impeta umukobwa amusaba kumubera umugore.
Ababonye iyi foto bashimye uyu musirikare bavuga ko yicisha bugufi bamwe bavuga ko bamwemerera batazuyaje bakazarwubakana.
Ukoresha amazina Mbarushimana Claire Iradukunda kuri facebook yagize ati “Ni ukuri uyu musore namukunze pe, arubaha kd afite nurukundo kumukunzi we, nange Umuntu uzatera ivi akayinyambika ninge nawe forever,.Burya umusore iyo ateye ivi akakwambika impeta, nukuri biba aribyishimo kuri mwembi, cyane cyane iyo abikuye kumutima.Urukundo rwanyu lmana irukomeze,. Ubu kugeza kwiherezo nukuri.”
Dore ibindi byavuzwe kuri iyi foto
Mu bagize icyo bavuga kuri iyi foto harimo abibajije niba amahame ya gisirikare yemera ko umusirikare apfukamira umusivile yambaye imyenda ya gisirikare.
Ibitekerezo
Ntibibaho n’Ijambo ry Imana ntiribyemera ntamugabo upfukamira umugore icyubahiro Imana yamuhaye aba agipfushije ubusa
ijambo lyimana lyemerako umuntu akundumugorewe ariko ntaho Imanidusaba kubapfukamira.