skol
fortebet

Tuyisenge Jacques yateye ivi nyuma y’umunsi umwe ahita asezerana imbere y’amategeko [AMAFOTO]

Yanditswe: Friday 19, Feb 2021

Sponsored Ad

Rutahizamu w’ikipe ya APR FC akaba na Kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi ya CHAN Tuyisenge Jacques yasezeranye n’umukunzi we imbere y’amategeko kuri uyu wa Gatanu nyuma y’aho ku munsi w’ejo yateye ivi.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Gashyantare ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amafoto ya Tuyisenge na Jordin barahirira ku ibendera ry’igihugu, bemera kubana nk’umugabo n’umugore.
Tuyisenge Jacques ufite imyaka 29, yanyuze mu makipe atandukanye mu Rwanda no muri Afurika, arimo (...)

Sponsored Ad

Rutahizamu w’ikipe ya APR FC akaba na Kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi ya CHAN Tuyisenge Jacques yasezeranye n’umukunzi we imbere y’amategeko kuri uyu wa Gatanu nyuma y’aho ku munsi w’ejo yateye ivi.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Gashyantare ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amafoto ya Tuyisenge na Jordin barahirira ku ibendera ry’igihugu, bemera kubana nk’umugabo n’umugore.

Tuyisenge Jacques ufite imyaka 29, yanyuze mu makipe atandukanye mu Rwanda no muri Afurika, arimo Kiyovu Sports yavuye mo yerekeza muri Police FC. Yagiriyemo amahirwe yo kwerekeza muri Gormarhia yo muri Kenya ayigiriramo ibihe byiza.

Yavuye muri Kenya yerekeza muri Angola mu ikipe ya Petro-Atletic de Luanda yavuyemo asubira mu Rwanda asinyira ikipe y’Ingabo z’Igihugu APR FC muri Mata 2020 amasezerano azageza mu mwaka 2022.





Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa