Umugabo atwite inda nkuru nyuma yo gufatwa ari gusambanya umugore w’abandi
Yanditswe: Sunday 31, Mar 2019
Umugabo witwa Lukena Inambao ukomoka mu ntara ya Mongu muri Zambia, atwite inda nkuru nyuma yo gufatwa ari gusambanya umugore w’abandi.
Uyu mugabo Lukena Inambao yabujijwe kenshi gusambanya uyu mugore w’abandi aranga birangira arozwe gutwita nyuma yo gufatwa ari gusambanya uyu mugore.
Lukena Inambao yatwite hashize iminsi 2 afashwe asambanya uyu mugore none kuri ubu inda ni nyarwego.
Ntabwo bizwi neza niba uyu mugabo Lukena Inambao azabasha kubyara uyu mwana atwite cyane ko iyi nda atigeze ayiterwa ahubwo ari uburozi.
Lukena Inambao yabwiye abanyamakuru ko atagishobora kurya kuko iyo abigerageje inda ibyimba cyane akananirwa guhumeka.
Kugeza ubu Lukena Inambao ari gushaka abavuzi gakondo bo kumufasha kugira ngo iyi nda igabanuke.
Ibitekerezo
Ntimukirirwe mubaza ngo ibi ni ibiki.Nta kindi ni Abadayimoni.Nawe ushatse gukorana nayo,wajya uroga abantu gutya.Ntabwo se mujya mubona abantu barya inzembe bakazimira.Cyangwa abafata imodoka ntigende?Ariko nk’Abakristu,Imana itubuza gukorana n’Abadayimoni (spiritism).Nkuko Bible ivuga,nyuma y’ubutegetsi bw;imyaka igihumbi Yesu ayobora Isi (Millennium),azarimbura Satan n’Abadayimoni be.Hagati aho,tujye tubirinda.