Umugabo yamenye aside ku mugore we nyuma yo kujya kumucyura akanga kuva iwabo
Yanditswe: Sunday 09, May 2021
Polisi yo mu gihugu cya Ghana yataye muri yombi umugabo wamenye aside ku mugore we amuziza ko yanze ko bongera kubana nyuma yo kumwirukana mu nzu ye akahukana ajya iwabo.
Crime Check TV yo muri Ghana yavuze ko uyu mugore uzwi ku izina rya Florence yashwanye n’uyu mugabo aramwirukana ajya kubana na se.
Iki kinyamakuru cyavuze ko uyu mugabo yaje gusubiza amaso inyuma yiyemeza kujya gucyura umugore we ndetse ngo yagiye kwinginga sebukwe kugira ngo yongere amusubize uyu mugore we.
Uyu mugore akibyumva yabwiye se ko adashaka gusubirana n’uyu wahoze ari umugore we niko kujya mu bwogero koga.
Ari koga uyu mugabo yamusanzemo afite iyi aside ahita ayimumena mu maso,isura ye yose irakongoka.
Polisi yo mu gihugu cya Ghana yahise ishaka uyu mugabo imuta muri yombi nkuko iriya TV yabitangaje.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *