skol
fortebet

Umukecuru n’umusaza bizihije isabukuru y’imyaka 80 bamaze bashyingiranywe batangaje amabanga 2 yatumye barambana

Yanditswe: Friday 09, Aug 2019

Sponsored Ad

Abongereza babiri Jack na Joan Bare bafite agahigo ko kuba aribo bantu bamaze imyaka myinshi kurusha abandi babana nk’umugabo n’umugore,bavuze ko ibanga ryabafashije kurambana ari ukwihangana no kutarara ukubiri.

Sponsored Ad

Ubwo bari batumiwe mu kiganiro gikundwa na benshi mu Bwongereza cyitwa This Morning, Jack w’imyaka 102 n’umugore we Joan Bare w’imyaka 100 batangaje ko baherutse kwizihiza isabukuru y’imyaka 80 bamaze babana ariko ngo kuva intambara y’isi yose yarangira ntibarigera barara ku buriri butandukanye.

Jack na Joan Bare bashyingiranywe kuwa 03 Kanama 1939,babwiye umunyamakuru Lisa Snowdon ko kwihangana no kutarara ukubiri aribyo byatumye urukundo rwabo rutoha kugeza na nubu.

Inkuru y’aba bantu bageze mu zabukuru yashimishije benshi kuko muri iki gihe abagabo n’abagabo basigaye bashakana bagahita batandukana.


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa