skol
fortebet

Umwana wavukanye umurizo mu mugongo yatangiye gusengwa n’abaturanyi bamwita imana y’inkende

Yanditswe: Thursday 05, Dec 2019

Sponsored Ad

Umwana witwa Shivam Kumar ukomoka mu Buhindi wavukanye umurizo mu mugongo yatangiye gusengwa na bamwe mu baturanyi bamwita ko ari imana y’inkende yapfuye ikaba yongeye kugarukira muri we.

Sponsored Ad

Uyu mwana w’imyaka 6 wavuzwe cyane mu binyamakuru mu myaka ishize,yahagurukije amarangamutima ya bene wabo b’Abahindi bizera imana nyinshi niko kumusaba ko yaza bakamusenga nk’imana yabo.

Icyakora ibyifuzo by’aba bantu byakomwe mu nkokora n’ababyeyi b’uyu mwana bamuhishe mu rwego rwo kumurinda abanyeshyari n’abagizi ba nabi.

Abaturanyi n’abandi bantu baturutse hirya no hino mu mujyi wa Delhi,baje ku bwinshi bitwaje indabo,abandi amabombo n’ibindi mu rwego rwo kuramya uyu mwana bavuze ko ashobora kuba ari inkende yari ifite imbaraga nyinshi yitwa Hanuman yasengwaga n’abahindu.

Abaganga ndetse n’ababyeyi b’uyu mwana banze guca uyu murizo w’ubwoya kuko batinya ko bishobora kuzanira umuvumo umuryango wose.

Imihango yo gusenga uyu mwana yabaga buri mwaka ariko yakomwe mu nkokora n’ababyeyi be batinye ko mu baza kumureba haturukamo abanyeshyari bakamwica.

Nyina w’uyu mwana Reena w’imyaka 30 yagize ati “Abaturanyi bose baramukunda cyane.Byaduteye ikibazo nk’umuryango kuko abantu bazaga kudusura ari benshi bikabangamira imibereho yacu ya buri munsi.Umuyobozi wacu [Guru] yadusabye ko twabahagarika ariko banze kubireka burundu.”

Uyu mugore yavuze ko iyo abantu baje kureba Shivam bababeshya ko ntawe uhari ndetse avuga ko nta kibazo na kimwe cy’ubuzima afite.

Nyirakuru wa Shivam avuga ko uyu mwana yitwara nk’inkende,yayura nkazo ndetse ngo ahora asimbagurika nkazo.




Uyu mwana bamwitiranyije n’iki kigirwamana abahindu basengaga kera

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa