Umugore yafashe umugabo we ari gusambanya imbwa mu gicuku amusize mu buriri
Yanditswe: Tuesday 27, Feb 2024
Umusaza w’imyaka 60 mu Ntara ya Kisii muri kenya, agiye kujyanwa mu nkiko azira kuba yarafashwe n’umugore we ari gusambanya imbwa.
Fredrick Macarios yatawe muri yombi nyuma y’uko umugore we yamufashe yamanuye ipantaro,ari gusambany imbwa yo mu muryango wabo,mu mudugudu wa Mosocho.
Raporo y’abapolisi ivuga kuri iki kibazo ivuga ko uyu mugabo yasohotse mu rugo rwabo ahagana saa saba zijoro zo ku cyumweru asiga umugore mu nzu.
Nyuma y’aho gato, umugore avuga ko yumvise urusaku rudasanzwe rw’imbwa yabo, bituma asohoka mu rugo ngo amenye uko byagenze.
“… Ahagana mu masaha ya saa 01h00 z’ijoro,umugabo we yasohotse mu nzu yabo aho yumvise imbwa yabo y’ingore imoka cyane. Yahise yihutira kujya kureba ibiri kuba, gusa yatunguwe no kubona umugabo we Frederick Macarios,ukuze ufite imyaka 60 y’amavuko ari gukora icyaha kidasanzwe n’imbwa y’ingore yo mu rugo yiswe ’Poster’ " .
Polisi yongeyeho ati: “Yahamagaye abantu benshi bo mu muryango, babona icyo gikorwa.”
Muri Kenya, ibikorwa byo gusambanya amatungo cyangwa ibikorwa by’agahomamunwa bifatwa nk’icyaha giteganywa n’ingingo ya 162 (b) mu gitabo cy’amategeko ahana.
Umuntu wahamwe n’icyaha cyo gukora icyo cyaha, ashobora guhanishwa igifungo cy’imyaka 14 kandi hakurikijwe ingingo ya 163,biteganyijwe ko umuntu ugerageza gukora icyaha icyo ari cyo cyose kidasanzwe ashobora gufungwa imyaka 7.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *