skol
fortebet

Umusore ufite amabere nk’ ay’ abakobwa ari mu gihome ashinjwa ubutekamutwe [AMAFOTO]

Yanditswe: Wednesday 19, Jul 2017

Sponsored Ad

skol

Ku wa Mbere tariki 17 Nyakanga, polisi ya Malawi yataye muri yombi umusore w’imyaka 19 witwa Van Gomani wigiraga umugore akajya gutega abagabo nk’indaya ku Muhanda witiriwe Kaunda mu murwa mukuru, Lilongwe.
Ushinzwe itumanaho kuri station ya polisi ya Kanengo, salome Zgambo Chibwana, avuga ko uyu musore yambaraga imyambaro ya kigore ngo akaba yasaga n’abagore bigurisha.
Yagize ati: “Hari mu gihe cy’ijoro ubwo Gomani yahuraga n’umugabo ku Muhanda wa Kaunda wamusabye ko basambanira ku nzu yo (...)

Sponsored Ad

Ku wa Mbere tariki 17 Nyakanga, polisi ya Malawi yataye muri yombi umusore w’imyaka 19 witwa Van Gomani wigiraga umugore akajya gutega abagabo nk’indaya ku Muhanda witiriwe Kaunda mu murwa mukuru, Lilongwe.

Ushinzwe itumanaho kuri station ya polisi ya Kanengo, salome Zgambo Chibwana, avuga ko uyu musore yambaraga imyambaro ya kigore ngo akaba yasaga n’abagore bigurisha.

Yagize ati: “Hari mu gihe cy’ijoro ubwo Gomani yahuraga n’umugabo ku Muhanda wa Kaunda wamusabye ko basambanira ku nzu yo kuruhukiramo iri hafi aho. Ubwo bajyaga kuri iyo nzu yo kuruhukiramo, uwo mugabo yabonye ko ushinjwa afite ibimenyetso bya kigabo”.

Uyu yongeyeho ko uwo mugabo yahise ajya kuri polisi ya Kanengo atanga ikirego nyuma yo kumva ko yahemukiwe n’uwo yari yikanzemo umugore, yaketseho ko yashakaga kumwiba yitwaje ko asa nk’abagore.

Iki kibazo rero cyahise kijyanwa rukiko rwa Lilongwe ariko habura umucamanza ugikurikirana, babwirwa kuzasubirayo kuwa 19 Nyakanga 2017 nk’uko iyi nkuru dukesha mwnation.com ikomeza ivuga.

Ushinzwe itumanaho muri polisi ya Kanengo akaba avuga ko ushinjwa azahanishwa ingingo y’180 y’amategeko ahana ya Malawi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa