Impyisi yariye umwana mu gitondo ubwo yiteguraga kujya ku ishuli
Yanditswe: Saturday 09, Feb 2019
Impyisi yariye umwana w’umuhungu w’imyaka 12 ubwo yamusangaga hanze mu gace umuryango we utuyemo ka Leleshwa mu ntara ya Laikipia muri Kenya.
Uyu mwana w’umuhungu yatewe n’iki gikoko iwabo mu gitondo cyo kuwa mbere w’iki cyumweru,kiramurya umubiri wose gisigaza amagufwa gusa.
Iyi mpyisi yakomerekeje bikomeye ababyeyi b’uyu mwana ubwo barwanaga inkundura ngo barokore uyu mwana wabo bahise bajyanwa kwa muganga.
Abaturage batuye muri aka gace batabaye uyu muryango nyuma yo kumva urusaku rwinshi,bagerageza kwica iki gikoko bakoresheje inkoni n’amabuye biranga biba iby’ubusa.
Nyirasenge w’uyu mwana w’umuhungu witwa Anne Wambui,yabwiye abanyamakuru ko iyi mpyisi yasanze uyu mu rugo uyu mwana ubwo yari yazindutse ari kwitegura kujya ku ishuli saa kumi n’imwe.
Urusaku rw’uyu mwana rwakanguye se wari uryamye agerageza kuza guhangana n’iyi nyamaswa ,nyuma aza gufashwa na nyina wari utekeye uyu mwana gusa ntibashoboye kumurokora.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *