Inkura imaranye iminsi 4 ubushake bwo kwimya kubera umuti abasore n’ inkumi bayihaye
Yanditswe: Saturday 08, Sep 2018
Inkura yo muri pariki ‘Safari’ mu mujyi wa San Diego, muri Leta ya California muri Leta zunze ubumwe za Amerika yamaze amasaha 96 ifite ubushake bwo kwimya.
Arjuna, y’ imyaka 14 yakuruye ba mukerarugendo benshi bafite amatsiko yo kuyireba kubera gushyukwa igihe kirere. Byatewe n’ uko amafoto yayo yakwirakwiye ku mbugankoranyambaga maze abanyamatsiko babishoboye bakajya kuyireba.
Umukozi wo muri iyi pariki yabwiye itangazamakuru ko mu minsi iyi nkura yamaze ishyukwe bakiriye ba mukerarugendo benshi barenze ubushobozi bw’ abakozi b’ iyi pariki.
Ku mbugankoranyambaga iyi nkurura bayihimbye Jeremy, babikomoye kuri Ron Jeremy wamenyekanye nabi mu Isi kubera gukina filime z’ urukozasoni.
Kugeza ubu ntabwo haramenyekana igihe iyi nkura izamarana umushyukwe ifite gusa birakekwa ko biri hafi kurangira.
Amashusho ya kamera zicunga umutekano yagaragaje ko intandaro yabyo ari abasore n’ inkumi bayihaye imbuto za pome bazishyizemo ibinini bya Viagra.
Ubushake bwo kwimya kuri iyi nkura bwarenze igipimo kuko mu minsi ine imaze ishyukwe imaze kwimya inkuru 3 z’ ignore inshuro 188 ariko ikaba itaratakaza umurego.
Muganga w’ amatungo n’ inyamaswa witwa Helen Sue Fisher avuga ko iyi nkura yahawe doze nyinshi za Viagra gusa atangaza icyizere ko mu masaha 24 arenga kuri 96 imaze ishobora kuza kumera neza.
Polisi ya California yatangiye iperereza kuri iki kibazo ndetse n’ abakekwaho kuba nyirabayazana ubu batawe muri yombi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *