skol
fortebet

KARONGI:Umugabo afunzwe azira gutera inda umukobwa we, ubu ifite amezi arindwi

Yanditswe: Tuesday 09, May 2017

Sponsored Ad

skol

Umugabo witwa Nshimiye w’imyaka 42 wo mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi afunze ashinjwa gutera inda umwana we w’umukobwa ubu utwite inda y’amezi arindwi. Nyina w’umwana anengwa uburangare no kudatanga amakuru ku byabaye. Ubuyobozi mu karere bwo buvuga ko ibyabaye ari amahano.
Amakuru agera k’Umuseke ava mu baturanyi avuga ko uyu mugabo yasambanyaga umwana we kenshi, ndetse na nyina w’umwana ngo yabonaga umugabo we yakundaga kwikingirana n’umwana we ariko akagira ngo ni kwakundi umwana (...)

Sponsored Ad

Umugabo witwa Nshimiye w’imyaka 42 wo mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi afunze ashinjwa gutera inda umwana we w’umukobwa ubu utwite inda y’amezi arindwi. Nyina w’umwana anengwa uburangare no kudatanga amakuru ku byabaye. Ubuyobozi mu karere bwo buvuga ko ibyabaye ari amahano.

Amakuru agera k’Umuseke ava mu baturanyi avuga ko uyu mugabo yasambanyaga umwana we kenshi, ndetse na nyina w’umwana ngo yabonaga umugabo we yakundaga kwikingirana n’umwana we ariko akagira ngo ni kwakundi umwana w’umukobwa akundana na se.

Uyu mwana we w’imyaka 16 amaze gutwita, se abimenye yaratorotse umugore we nawe arabihisha kugeza inda ibaye nkuru.

Emmanuel Nshimiyimana uturanye n’uyu muryango yabwiye Umuseke ko ibyabaye bidasanzwe babifata nk’ishyano ryaguye iwabo.

Drocella Mukashema umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage avuga ko bakimenya iki kibazo bakoze ibishoboka bafatanyije n’inzego zumutekano uyu mugabo arashakishwa arafatwa ubu akaba afunze.

Uyu muyobozi ati “Maman w’umwana nawe yari abizi, yari abizi ko baryamana umwana na se ariko agaceceka. Ni amahano tutashyigikira niyo mpamvu dusaba aba-mamans kurushaho kuganiriza abana babo ku buzima bw’imyororokere.”

Mu gitabo cy’amategeko ahana mu Rwanda ingingo ya 191 ivuga ko “Umuntu wese usambanyije umwana, ahanishwa igifungo cya burundu cy’umwihariko”.

Ingingo ya 192 ikavuga ko “Iyo icyaha cyo gusambanya umwana cyakozwe n’umubyeyi we cyangwa ushinzwe kumurera, uhagarariye ubutegetsi, uhagarariye idini, ushinzwe umutekano, ukora umwuga w’ubuvuzi, ukora umwuga w’uburezi, uwitoza umwuga n’abandi bose bishingikirije umwuga bakora cyangwa ububasha bafite ku mwana, uwagikoze ahanishwa igifungo cya burundu cy’umwihariko n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi ijana (100.000) kugeza ku bihumbi magana atanu (500.000).”

Izi ngingo zikaba zishobora guhanishwa uyu mugabo ushinjwa gutera inda umwana we iki cyaha nikimuhama.

Ibitekerezo

  • mbega amahono
    uyo mugano mumufunge ubutavamo

    Kumufunga burundu ntibihagije uwamwica gusa

    Ushaka kucyimara ipfa aracyibyarira.

    uwabigira nko muri Indonesie bakajya babaca izo ntindi z’imboro

    Ariko koko mwambarira ibi nibiki? umwana wabyaye? ariko se batarenganyije nyina koko wakeka ko umugabo wawe yaryamana n umwana yabyaye? Nonese mana yanjye koko niki yari yarabonye mu mwana we yari yaraburanye nyina? mbega agahinda ngize!! mbega isi!!! gusa uyu mugabo kumufunga ndumva ataricyo gisubizo kuko ararwaye pe!!! nonese umuntu agirira sentiments umwana we kugera aho amusambanyije kandi nyina ahari? Harabutwaza ko babikoze ba nyina barahukanye none uyu we yihugikanaga umwana na nyina ari aho!! ubuse uburwayi burenze ubu ni ubuhe koko?! ndababaye cyane isi igeze habi!!!

    Ayo na mahano akomeye cyane.Uretse nu mwana nawe yabigizemo ubujiji ubwose we ntiyaraziko ari se?ubwo se babikoze mbere ahitako atwar’inda?Ahhhh bose ntawamenya

    Andika Igitekerezo Hano mubwireneza niba uwomwana ataruwo umugorewe yabyaye ahandi kuko sinabyemera k

    o ariwe umubyara

    Ariko mwakoresheje ifoto itariyo kuko uyu mwana yasohotse muyindi nkuru yumwana womumuhanda watwise ubu yarabyaye ! Anyway.... Uretse kuba urwaye nabwo mumutwe ibi ni amahano

    muraho neza

    eeehhhh ayo namAhano rwose nge ndabona is I irikurangira pe gusa nanone gufunga uwo mugabo siwomuti nonese nibamufunha umwana azabaho gute?

    Andika Igitekerezo Hano
    UYUMUGABOYAKO
    ZEAMAHANO ATABA
    NAHANWENTA
    MBABAZI AKWIYE
    UWOMUGABONUWO
    GUTESHA AGACIRO
    URWATUBYAYE
    NAHANWE NABANDI
    BAREBEREHO
    NGUSABIRABABAJE.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa