Kim Kardashian yatangaje ukuntu imibonano mpuzabitsina yatumye yiheba
Yanditswe: Saturday 20, Oct 2018
Umunyamideli Kim Kardashian yatangaje ko yagowe cyane no kubyara bituma yiheba ko atazongera gukorana imibonano mpuzabitsina n’umugabo we Kanye West,bamaranye iminsi mu gihugu cya Uganda.
Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Richardson Magazine,Kim Kardashian yavuze ko ubwo yari atwite inda y’umukobwa we North,yigeze kwiheba yumva ko atazongera gukora imibonano mpuzabitskubera ko umubiri we wahindutse ntiyakomeza kuba mwiza nkuko byari bisanzwe .
Yagize ati “Ubwo nari ntwite ibiro byariyongereye bigera hagati ya 60 na 70 ndetse ndabyibuha,bituma niheba ko ntakiri mwiza ndetse ntagikurura abagabo.Numvise niyanze ndetse ko ntazigera nongera gukora imibonano mpuzabitsina ukundi.
Kim akimara kubyara yahise yongera kurwana no kugabanya ibiro none kuri ubu yatangaje ko ameze neza kurusha mbere y’uko atwita.
Kim Kardashian usanzwe ari umunyamideli yavuze ko ubwo yari atwite yari yarihebye ko atazongera gukora imibonano mpuzabistina
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *