Umugabo uzana amarira asa n’amaraso yateye ubwoba abaganga bamubonye
Yanditswe: Friday 28, Dec 2018
Umugabo ukomoka ku kirwa cyitwa Andaman mu Buhindi,yaciye ibintu hirya no hino kubera ko arira amaraso aho kurira amarira asanzwe nk’ay’abantu.
Uyu mugabo utavuzwe amazina,yatunguye benshi ndetse atera ubwoba abaganga yitabaje ngo bamuvure,ubwo yabageragaho ari kurira amaraso bakagira ubwoba cyane.
Uburwayi bwo kurira amaraso bwitwa Haemolacria ntibukunze kubaho ariyo mpamvu bamwe iyo babonye umuntu uri kurira amaraso bashya ubwoba.
Uyu mugabo w’imyaka 22 yagiye kwa muganga nyuma yo kurira amaraso ubugira kabiri,abaganga bamusuzumye Babura indwara arway bibatera urujijo.
Dr Robert James yavuze ko uburwayi bwa haemolacria bwo kurira amaraso buba ari ikimenyetso cy’uko umuntu arwaye indwara zikomeye.
Abaganga basuzumye uyu musore bavuze ko bamupimye ibice bitandukanye bw’umubiri babura indwara ikomeye yaba yamuteye ubu burwayi bwo kurira amaraso.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *