Umugabo w’imyaka 25 yafashwe ari gusambanya uruhinja rw’ibyumweru 2
Yanditswe: Friday 05, Oct 2018
Umugabo w’imyaka 25 yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa ari gusambanya uruhinja rumaze ibyumweru bibiri ruvutse aho kuri ubu rurembeye mu bitaro.
Uyu mugabo ukomoka muri Irlande y’Amajyaruguru yafashwe ari gusambanya uru ruhinja ahita atabwa muri yombi mu gihe uyu mwana wangijwe bikomeye n’uyu mugabo yahise ajyanwa mu bitaro byitwa Belfast hospital.
Uyu mugabo utavuzwe amazina,arafunzwe ndetse biteganyijwe ko akatirwa urumukwiye nyuma yo kwitaba urukiko muri iki cyumweru akerekwaibyaha bikomeye ashinjwa birimo gufata ku ngufu no kwangiza umubiri w’uru ruhinja rwari rumaze ibyumweru 2 ruvutse.
Uyu mugabo wakoze aya amahano ku wa 29 Nzeri uyu mwaka,azabwirwa imyanzuro y’urukiko ku wa 10 Ukwakira uyu mwaka.
Ibitekerezo
yewewe uwomugabo akatirwe urumukwiye igihano cya burundu