Umugabo yatawe muri yombi azira kwifata amashusho ari gushaka gufata ku ngufu uruhinja rw’amezi 18
Yanditswe: Thursday 31, Jan 2019
Umwongereza witwa Joshua Gould w’imyaka 23 yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 nyuma yo kwifata amashusho ari kugerageza gushaka gufata ku ngufu umwana muto w’amezi 18.
Urukiko rwavuze ko uyu mugabo yakoze amahano yifata amashusho yambaye ubusa ari kugerageza gufata ku ngufu uru ruhinja byatumye ahabwa igifungo cy’imyaka 10.
Gould akurikiranyweho kandi guhohotera abana 3 ndetse ibi byaha ngo amaze amezi menshi abikora.
Gould yafatanywe amafoto 1,300 y’urukozasoni ari gukorera ibikorwa by’urukozasoni ndetse bamusanganye amashusho y’urukozasoni agera kuri 52 arimo n’ayo gusambanya imbwa.
Bamwe mu bantu banenze umwanzuro w’urukiko rwa Basildon wo gufunga uyu Gould imyaka 10 aho bavuze ko iki gihano ari gito ugereranyije n’ibyaha yakoze.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *