Umugore yafashe umugabo ari gusambanira n’undi mugore muri Hoteli abatwara imyenda bagenda bambaye ubusa
Yanditswe: Tuesday 16, Apr 2019
Umugabo w’umucuruzi ukomeye witwa Gilbert Kanyenga w’ahitwa Kalingalinga muri Zambia yafashwe n’umugore we ari gusambanira n’undi mugore witwa Melody Mbewe muri Guest House yitwa Mayela y’ahitwa Kalinganga.
Uyu mugore akimara kumenya ko umugabo we ari gusambana n’undi mugore yahise afata umupanga ajya kureba icyumba nimero 4 bari bari gusambaniramo,ahageze ahondaguza urugi uyu mupanga yari afite, aba bombi bashya ubwoba.
Mbewe wasambanaga n’umugabo w’abandi,yasabye uyu mugore imbabazi amubwira ko uyu mugabo yamushutse amubeshya ko amaze imyaka myinshi nta mugore agira.
Yagize ati “Yambeshye ko nta mugore afite,ko umugore we yapfuye mu mwaka wa 2004.Yambwiye ko tutakorera imibonano mpuzabitsina iwe kubera ko nyina aba ari hafi.Mbabarira madamu ntabwo nzongera.”
Uyu Mbewe yavuze ko uyu mugabo yamwemereye amafaranga 300 akoreshwa muri Zambia yo gukoresha imisatsi kugira ngo baryamane.
Uyu mugore yanze kugira uwo atemesha umupanga yari afite ariko yatwaye ibintu byose aba bantu bari bafite birimo imyenda,amafaranga n’ibindi byose basigara bambaye ubusa
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *