Umugore yakubise umugabo we urushyi ubwo yamusanganaga n’undi mugore muri resitora[AMAFOTO]
Yanditswe: Wednesday 10, Oct 2018
Ku mbuga nkoranyamaga hakwirakwijwe amashusho agaragaza umugore akubita umugabo we urushya nyuma yuko amusanze muri resitora arikumwe n’undi mugore bivugwa ko bakundana mu ibanga.
Aya mashusho agaragaza uyu mugore yubikira umugabo akamukubita urushyi ku itama yatangaje benshi ndetse bamwe bavuga ko uyu mugore atarenganyije umugabo we kuko buri umwe yabikora.
Umugabo nyuma yo gukubitwa urushya yahise asohoka n’ikimwaro kinshi ajya hanze nyuma yuko abatanga ibyo kunywa muri resitora bari bagifashe uyu mugore we kugirango abanze ashyire umutima hamwe umujinya ugabanuke.
Umugore wari kumwe n’uyu mugabo we akibona ibintu byahinduye isura yahise avanamo ake karenge ariruka nyuma yuko umugore wuyu mugabo yaratangiye gushaka kumupfura imisatsi kubera umujinya.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *