Umugore w’imyaka 50 ukomoka muri Cambodia yamenye aside ku mubiri w’umugabo we aramuhitana amuhoye ko yashakaga ko batandukana.
Uyu mugabo wari usanzwe ari umuhinzi iwabo muri Thailand,yahuye n’uruva gusenya ubwo yashakaga uyu mugore wo muri Cambodia gusa akaza gusanga badashobora kumvikana,byatumye asaba ubutane umugore ntibyamushimisha, niko kumumenaho aside aramwica.
Abapolisi bo mu gace ka Johor aba bombi bari batuyemo,batangaje ko uyu mugore yishe umugabo we yarushaga imyaka 26 kubera umujinya yatewe no kuba uyu mugabo yashakaga ko batandukana kandi yari afite imitungo myinshi.
Aba bombi bakoranaga mu mirima ndetse bari bamaze gutera imbere aho uyu mugore yamenye aside ku mubiri w’umugabo we iramutwika kugeza apfuye.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *