Umuhungu n’umukobwa basinze basambanira imbere ya rubanda ku mucanga [AMAFOTO]
Yanditswe: Friday 21, Sep 2018
Ba mukerarugendo bo mu Bwongereza bari mu kigero cy’imyaka 20 y’amavuko bakoze amahano ku wa mbere w’iki cyumweru nyuma yo kunywa inzoga nyinshi bagasinda aho bakuyemo imyenda batangira gusambanira imbere y’abantu bari basohokeye ku mucanga wa Ibiza.
Aba ba mukerarugendo basambaniye imbere y’akabari Lineker’s Bar gakomeye kuri iki kirwa nyuma yo kunywa agasembuye kakabashyushya.
Ubwo aba bantu batangiraga gusambana,abantu barimo gufata agasembuye bahise basohoka mu kabari ka Lineker’s Bar,batangira gufata amashusho uru rubyiruko rwakoraga ibidakwiriye imbere y’abantu.
Umwongereza witwa Jake King niwe washyize hanze aya mashusho avuga ko yabumvise bavuga bati “Mbega wee,nta cyubahiro.Ikaze hano I Ibiza.”
Benshi mu banyeshuli bo mu Bwongereza bari basohokeye kuri uyu mucanga bavuze ko batizeraga ibyo babonaga kubona abantu bakuru bakuramo imyenda yose bagasambanira ku karubanda.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *