Nyuma y’uko amaze igihe ataka kurimbwa mu rwasaya rw’iburyo, abaganga bo mu bitaro byo mu Buhinde baramusuzumye bamusangana uruhago rurimo amenyo 526 mu kanwa.
Ubwo uyu mwana yagezwaga kwa muganga, yari abyimbye mu isura, anataka kubabara cyane mu rwasaya. Byabaye ngombwa ko acishwa mu cyuma(scanner), bahita babona ko afite indwara yitwa ’Odontome’, kanseri y’amenyo igaragazwa n’imera ry’amenyo adasanzwe aba ari mu ruhago.
Byabaye ngombwa ko uyu mwana abagwa ndetse arakurikiranwa bihagije. “Ni amenyo 526 yose hamwe, afite hagati ya sentimetero 0,1 na sentimetero 15. N’iryinyo rito cyane muri yo ryari rifite imizi n’ibindi bice byose bigaragaza ko ari iryinyo nyaryo.” Prathiba Ramani, aganira na CNN
Ababyeyi b’uyu mwana babwiye abaganga ko babonye ko umwana wabo yatangiye kubyimba mu rwasaya ubwo yari afite imyaka 3 y’amavuko ariko bakaba bari barabuze icyo babikoraho kuko umwana yangaga gusuzumwa n’abaganga.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *