skol
fortebet

Muko! Ibi bimenyetso 8 niba ubifite uri umukunzi mubi

Yanditswe: Friday 08, Dec 2017

Sponsored Ad

skol

Intandaro y’ ibibazo mu rukundo ni ukuba abakunzi bananiwe guhuza. Kutagaragaza amarangamutima meza aho biri ngombwa birakugarukira. Rimwe na rimwe abakobwa mu rukundo bibwira ko aribo bantu bari mu murongo muzima ariko si buri gihe baba bawurimo.
Dore ibintu umunani umukunzi wawe akubonaho agatangira kubona umubereye umukunzi mubi.
1. Gushurashura
Kugira agakungu n’ abahungu benshi bigaragaza ko utarafata umwanzuro wo gukunda, iyo ubikoze ufite umuhungu mukundana bimuha ishusho y’ uko uri (...)

Sponsored Ad

Intandaro y’ ibibazo mu rukundo ni ukuba abakunzi bananiwe guhuza. Kutagaragaza amarangamutima meza aho biri ngombwa birakugarukira. Rimwe na rimwe abakobwa mu rukundo bibwira ko aribo bantu bari mu murongo muzima ariko si buri gihe baba bawurimo.

Dore ibintu umunani umukunzi wawe akubonaho agatangira kubona umubereye umukunzi mubi.

1. Gushurashura

Kugira agakungu n’ abahungu benshi bigaragaza ko utarafata umwanzuro wo gukunda, iyo ubikoze ufite umuhungu mukundana bimuha ishusho y’ uko uri umukunzi mubi.

2. Kurakara vuba bigatinda gushira

Niba umuhungu muri mu rukundo akubaza kenshi ngo ‘uracyarakaye?’ ni ikimenyetso cy’ uko urakara kenshi n’ aho bitari ngombwa, Gerageza guharanira kuba umuntu ushyira imbere ibyiza kandi uge wirinda kurakazwa n’ akantu akariko kose ngo uhite ubigaragaza.

3. Urabeshya?

Wa mukobwa we umukunzi wawe naramuka amenye ko wamubeshye bizatuma atongera kukwizwera. Umuhungu mukundana ntashobora kumubeshya ko wamubeshye ngo abirenze ingohe, gerageza kumubwira ukuri kabone niyo waba ubona ko bigoye kumubwiza ukuri.

4. Uha agaciro abandi kurusha umukunzi wawe

Niba uri mu rukundo n’ umuhungu ukaba ukunda gusohokana n’ inshuti zawe kurenza uko ukunda gusohokana nawe, ntabwo uri umukunzi mwiza. Rukundo wawe ugomba kumuha umwanya uhagije kandi iteka ukamwereka ko ariwe uha agaciro kurusha abandi.

5. Gutegeka no gutanga amabwiriza

Abahungu mukundana bimuca intege iyo ukunda kumutegeka no kumuha amabwiriza, ibi bikore utya, genda gutya, rya gutya. Iyo ubimubwiye ntabikore urakara? Ni ikimenyetso cy’ uko uri umukunzi mubi.

6. Kumucungacunga

Niba umuhungu mukundana umuhozaho ijisho, ureba muri telephone ye, uri umukunzi mubi. Muhe umwanya yisanzure kandi ugerageze kumwereka ko umwizera, wirinde ko amenya ko uhora umucungacunga.

7. Utwarwa n’ iraha

Niba ubona ikintu wakifuza umukunzi wawe agahita abona ko ibintu bihindutse uri umukunzi mubi. Wihutiraho gerageza uge wihangana kandi ugende gahoro gahoro kugeza ugeze kucyo wifuza.

8. Kugereranya umukunzi wawe n’ abandi

Umuhungu mukundana ntukamugereranye n’ abandi, gerageze uge umutera akanyabugabo kandi umushimire ku kantu keza yakoze.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa