skol
fortebet

Natanze miliyoni mu rusengero ngo Pasiteri ambwira ko nzarongorwa vuba, none imyaka 4 irihiritse- NKORE IKI?

Yanditswe: Sunday 23, Sep 2018

Sponsored Ad

skol

Mbifurije amahoro ya nyagasani kandi mbagisha inama kubera icyo nakwita ikigeragezo nahuye nacyo, ntanga amafaranga kubera ibyishimo cyangwa se icyizere nari nashyizwemo, nizera ubuhanuzi ariko nza gusanga ari amayeri nakinwe.

Sponsored Ad

Mu mpera za 2014, nibwo nanjye natangiye gusengera mu itorero ryari riharawe cyane muri Kigali, n’umuyobozi waryo rwose aharawe twese ariho twirukira, ntabwo mvuga amazi yanjye n’ayabo. Nari mfite ububyutse cyane pe, njya no mu cyumba cy’amasengesho, naba ntagiyeyo nkakurikira inyigisho ze yatangaga kuri radiyo buri gitondo ibyongereza bavuga abasemuzi bagasemura reka si nakubwira.

Mu buzima busanzwe ndi umucuruzi, mfite umwana umwe w’umuhungu nabyariye iwacu, se ntabwo yigeze abana na njye, mbese ndi ‘Fille mere’; ntuye muri Kigali, ntacyo mbuze rwose ariko umugabo we ndamukeneye kuko ubu maze kugira imyaka 35, abo tungana baratuje n’imiryango yabo.

Kubera ko abantu bo muri urwo rusengero bamwe bari banzi, nkeka ko aribo bangambaniye, kuko babonaga ko nkeneye umugabo kandi koko ndamukeneye, ntacyo mbuze ariko kuba ntafite uwo nita umutware wanjye birambabaza.

Umugore wa mbere yarihandagaje ajya mu mwuka, aba ankozeho avuga ngo mbonye umugabo, ambwira ibintu byinshi nkumva koko nibyo, kandi nibwo bwa mbere yari ambonye. Ibyo byagiye bimpa icyizere numva ntangiye kuhiyumva. Umuhanuzi wese ugiye mu mwuka akangarukaho, bati Imana iguhaye umugabo vuba,…

Kera kabaye n’umushumba yarihanikiriye ati wowe kanaka, haguruka, haguruka vuba, baba baramfashe banjyanye imbere, ankozeho, ati ‘waje hano ushaka umugabo, umugabo uramubonye, tangira utegure ubukwe, ugure ibyambarwa,… ati “ariko gira icyo wigomwa, tanga kimwe cya gatanu cy’amafaranga Imana iherutse kuguha, izaguha andi kuko uri mu gihe cyiza cy’imigisha”.

Ibyo byabaye, nari maze iminsi ngurishije ikibanza cya miliyoni eshanu, rwose nyuma negereye umushumba ndamubaza, arambwira ngo ni miliyoni ngomba gutanga ngo kandi nintabikora umugisha urancika.

Rwose nta kibazo cy’amafaranga nari mfite, naragiye ndayabikuza, nyazana muri ambaraji ndayatanga,… Eh eh eh, buri kimwe cyose ni njye batangagaho urugero. Bakanyita umukiristo w’ukuri.

Nakomeje kwitegereza ibikorerwamo aho, sha nagenze gake kuko hari bamwe nasanzemo bambwiraga kwitonda, kandi koko nasanze ari ukuri. Tekereza kuba pasiteri muzima afite ikipe y’abantu bashinzwe iperereza, bakamenya ubuzima bw’umuntu mushya winjiyemo, ibyo nibyo bagenderaho bavuga ngo barimo kuguhanurira, ugahita utungurwa wowe ukizera ko ari iby’umwuka kandi ari amakuru batohoje neza.

Imyaka ine irashize, nategereje uwo mugabo bambwiraga narahebye, abashaka inyungu zabo bwite bo ni benshi. Abifuza ko turyamana n’ijana umunsi umwe nababona, ariko abo mbima amatwi. Abaza bagamije amafaranga abo ni benshi ariko nabuze uwaza angaragariza urukundo.

Ntabwo nciye intege abizera ubuhanuzi bwo muri iyi minsi, ariko harimo n’abatubuze, njyewe naratuburiwe ariko ubu naciye akenge, nashatse no guteza ingaru ngo nagaragaze ukuri kose, ngo ngaragaze amanyanga akorerwa muri urwo rusengero, ariko nabuze aho mpera. Mbese amafaranga yanjye natanze aracyandya mu mutwe. Nkore iki? Mungire inama.

Ibitekerezo

  • Why Don’t You Come With Me I Need a Woman Like You Between 32&38 write me on online love stories and then you’ be happy with me!

    Muraho, mu byukuri ibyo bireze nanjye byambayeho ariko jye nashakaga umwana umuntu andangira urusengero rumwe ngo hari abakozi b’Imana ngo basize amavuta nyamara nza gusanga ari umukomisiyineri icyantangaje nasengewe n’umuntu uciriritse nta nakekaga utarigeze unanyaka ikintu na kimwe n’ubu yanze ko hari icyo namuha ntuye Kicukiro ninaho nkorera nubishaka uzaze nkuganirize nkoresha phone 0724630842’.Wirinde abo batekamutwe ntibazongere kugushuka.

    urumutekamutwe nawe wandayawe

    Hahhhh!! Abasenga munsengero zubu muce akenge kuko zirimo aba mafia benshi barya ibyarubanda. Naho wowe ushaka umugabo tinyuka abasore turahari dukeneye kubaka ikibazo nuko abakobwa mufite cash tubatinya so mutere intambwe mutwejyere tuganire muzabonamo abashaka kubaka

    Sha mpamagara nkurangire ureke Ubindi. Ndunva Ufite Gahunda

    Urakoze cyane kutubwiza ukuri.Jyewe ugiye kuguha inama,ndi umuhamya wa Yehova.Mbere yo gufata icyemezo cyo guhitamo idini,nabanje "gushishoza",nzenguruka amadini hafi ya yose,nshakisha aho nabona "UKURI".Imana idusaba "kubanza gushishoza" (1 Yohana 4:1).Ukabanza "kwiga bible neza".Muli Yohana 8:32,Yesu yatubwiye ko "UKURI kubohora",kandi ukuri ni Bible.Madame rero,menya ko abakozi b’imana nyakuri,YESU yabasabye "gukorera imana ku buntu",badasaba amafaranga.Byisomere muli Matayo 10:8.Bigana Yesu n’Intumwa Pawulo birirwaga mu nzira babwiriza,badasaba amafaranga (Ibyakozwe 20:33).Iyo wahaga amafaranga Abigishwa ba Yesu,barakubwiraga ngo "Gapfane n’ayo mafaranga yawe".Byisomere muli Ibyakozwe 8:18-20.Aba birirwa barya amafaranga y’abantu biyita abakozi b’imana,imana ibita "abakozi b’inda zabo".Bisome muli Abaroma 16:18.
    Dore inama nguha:Shaka abahamya ba Yehova mwigane Bible.Nusanga ariyo dini y’ukuri,ubajyemo.Icyo nizera ntashidikanya,nuko batagira uburyarya.Jyewe ukwandikira,nabwirije umu Fille-mere nkawe,arahinduka.Ubungubu arishimye cyane.Nawe asigaye ajya mu nzira akadufasha kubwiriza abantu ubwami bw’imana,nkuko Yesu yabisabye Abakristu Nyakuri bose (Yohana 14:12).Kandi bakabikora ku buntu.Ubusambanyi no kujya gutanga icyacumi mu madini,yamenye UKURI arabihagarika.Arenda kubatizwa.Umugabo ushaka,imana izamuguha.Ariko cyanecyane,iga Bible umenye ukuri.Bible izaguhindura kandi ube "inshuti y’imana" (Yakobo 4:8).Washaka umuhamya wa Yehova uri hafi yawe,mukigana Bible ku buntu,azajya agusanga iwawe,rimwe mu cyumweru,isaha imwe gusa irahagije.

    Nukwihangana nanjye byambayeho komeza usabe imana ,

    it is very sad so call me on 0783606632, i will give you the advice

    MURAHONEZA.KONYENEYEUMUGORE.NZAKUBONAGUTE.TUVUGANE.WAT_0783248565_NDASABA.UBUFASHABWOKUMUZANUWOMUKOBWA_NABAHEMBABISHIMISHIJEMURAKOZE

    MBARIZWA.MUNARAYIBURENGERAZUBA._AKARERE.KARUTSIRO_UMURENGE_WAGIHANGO_AKAGAR_KONGONIRI_0783248565_wamamarakuriyonimero

    NEREFONA_0783248565NDAGUSHAKA

    TE0783248565

    URUSENGERO.NURWAHE

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa