skol
fortebet

Reba ibimenyetso 5 bizakwereka ko agukunda kubera imibonano mpuzabitsina gusa nta kindi

Yanditswe: Saturday 22, Apr 2017

Sponsored Ad

skol

Aha ni ah’abakobwa,ugize gutya uhuye n’umusore mwiza mu maranye ijoro ryose,ndetse muraryamanye;ushaka byinshi ariko ikintu cyingenzi kiri imbere muri wowe wimye agaciro,ni uko kiri kukubwira ko uwo musore yishakira imibonano mpuzabitsina gusa nta kindi kirenze.
Hano hari ibimenyetso 5 bizakwereka ko agukunda kubera imibonano mpuzabitsina myiza mwagiranye nta kindi.
1.Ntuzi inshuti ze
Abasore bakunda gukuramo gusa ariko akenshi ntibashake kwereka inshuti zabo abakobwa bakundana,bityo niba (...)

Sponsored Ad

Aha ni ah’abakobwa,ugize gutya uhuye n’umusore mwiza mu maranye ijoro ryose,ndetse muraryamanye;ushaka byinshi ariko ikintu cyingenzi kiri imbere muri wowe wimye agaciro,ni uko kiri kukubwira ko uwo musore yishakira imibonano mpuzabitsina gusa nta kindi kirenze.

Hano hari ibimenyetso 5 bizakwereka ko agukunda kubera imibonano mpuzabitsina myiza mwagiranye nta kindi.

1.Ntuzi inshuti ze

Abasore bakunda gukuramo gusa ariko akenshi ntibashake kwereka inshuti zabo abakobwa bakundana,bityo niba ukundanye n’umusore igihe byibura kingana n’amazi atarakwerekana mu nshuti ze zimwe na zimwe,menya ko ntacyo usobanura kuri we ko icyo agushakaho ari ukuryamana gusa.

2.Ntazigera agufata ngo musohokane nk’umukunzi

Ese ushobora kwibuka igihe cyahise yaragusohokanye?Igisubizo ni Oya kuko ntiyigeze agusohokana.Niba akwiyumvamo kubera kuryamana gusa,ntazigera agusohokana,ahubwo we azaguhamagara ngo uze aho aba mu ijoro ndetse unagende mu gicuku,ntazigera agufata ngo musohokane kubera ko adashaka aba babonana.

3.Ntazigera aganira nawe ku byo ateganya ahazaza he

Mu gihe ibyo we ashaka ari ukuryamana,ntazigera aganira nawe ku by’imipango ye iri imbere kubera ko azi neza ko utari mu byo ateganya ahazaza he,nuvuga kubyo gushakana,azagusubiza ko Atari yitegura ibyo gushing urugo.

4.Amasezerano azayubahiriza byihuse

Hashobora kuba hashize ibyumweru cyangwa iminsi umenyanye nawe maze akagusezeranya ukwezi n’inyenyeri.Ashaka kuryamana gusa nta kindi kandi kugira ngo akomeze abigereho,ibyo yagusezeranyije byose azabikora byihuse mu rwego rwo kugira ngo utagenda ndetse no ku kurememo icyizere,azagenda aguha impano zigiye zitandukanye ndetse n’ibindi bizatuma uguma kumwizera.

5.Azaguhamagara mugihe ashaka ku kubona

Niba ibyo ashaka kuri wowe ari ugukorana imibonano mpuzabitsina nta kindi,icyo gihe azaguhamagara ari uko agukeneye,ndetse azagutekereza mu gihe yumvishe ashatse gukora imibonano mpuzabitsina ari nabo azahita anaguhamagara ngo umusure.Mu gihe umusore akunda umukobwa by’ukuri,ahora yumva ashaka kumva ijwi rye,naho mu gihe ibyo akunda kuri we ari imibonano mpuzabitsina,azamuhamagara mu gihe yumvishe ashatse kuyikora gusa.

Martin MUNEZERO

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa